Ubutumwa bugenewe Abaturarwanda mu gihe cy’Imvura y’Umuhindo mu rwego rwo kwirinda Ibiza.

Ubutumwa bugenewe Abaturarwanda mu gihe cy’Imvura y’Umuhindo mu rwego rwo kwirinda Ibiza.

Nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere mu Rwanda, igihe cy’Umuhindo (Nzeri-Ukuboza) hari ibice bitandukanye by’igihugu bizagira imvura nyinshi ishobora guteza umwuzure, inkangu n’izindi ngaruka.

Ni muri urwo rwego, MINEMA ishishikariza abaturarwanda bose gufata by’umwihariko ingamba zikurikira kugira ngo turusheho gukumira no kugabanya ingaruka ziterwa n’ibiza.

a)    Ingamba zisabwa abaturage:

·        Kuzirika ibisenge by’inzu bigakomera ku nkuta hakoreshejwe impurumpuru n’imikwege;

·       Gufata amazi y’imvura ava ku nzu hagashyirwaho imireko, ibigega n’ubundi buryo kugira ngo ayo mazi y’imvura akoreshwe ibindi aho gusenya izo nzu n’ibindi bikorwa bizegereye;

·        Gusibura imiferege ndetse aho itari igacibwa, amazi yose akayoborwa mu nzira zayo zabugenewe;

·      Kurinda inzu gucengerwamo n’amazi (kuzihoma, gushyiraho fondasiyo, kurinda ko amazi yinjira mu nkuta…...);

·     Kwirinda kujugunya imyanda ahabonetse hose no muri za ruhurura kubera ko itwarwa n’amazi igafunga imiyoboro yayo;

·         Gutunganya imikingo yegereye inzu hagabanywa ubuhaname bwayo;

·         Gusibura imigezi yuzuyemo imicanga, ibitaka n’indi myanda;

·      Gusibura imirwanyasuri ku misozi kugira ngo ifate amazi amanuka ku misozi no guteraho ibyatsi nk’urubingo;

·        Kwimuka mu manegeka, mu nzu zishaje n’izindi zishyira ubuzima bw’abahatuye mu kaga kuko ziba zishobora kugwa igihe cyose haguye imvura nyinshi;

·         Kwimuka mu bishanga no mu nkengero z’imigezi n’ibiyaga bishobora kwibasirwa n’imyuzure;

·         Gufata ubwishingizi bw’ubuhinzi

·      Gukurikiza amabwiriza yo kwirinda inkuba arimo kugama mu nzu aho kuba munsi y’ibiti, kwirinda kujya mu mazi igihe imvura igwa, kwirinda gutwara ibyuma no kubikoraho ndetse no kwirinda kugenda ku binyabiziga nk’amagare n’amapikipiki mu gihe cy’imvura irimo imirabyo n’inkuba, kwirinda gukoresha ibintu byose bikoresha umuriro w’amashanyarazi mu gihe cy’imvura irimo inkuba.

b)   Ingamba zisabwa Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze:

·      Buri Karere gakurikije ibiza bikunze kukabamo karasabwa gushyiraho uburyo bwo kazabyitwaramo hakiri kare ( preparedness plan);

·        Kwimura by’igihe gito (temporary evacuation) ingo zituye nabi kugira ngo ubuzima burokorwe kimwe no gukomeza kwimura abatuye mu manegeka;

·        Gukangurira abaturage kubungabunga no gusana inzu zabo;

·      Gusibura imiyoboro y’amazi mu nkengero z’imihanda no munsi y’ibiraro ndetse aho itari igacibwa, amazi yose akayoborwa mu nzira z’amazi zabugenewe;

·      Gukangurira abubaka ibikorwaremezo by’imihanda ko bakwiye kwita ku buryo bwo kuyobora amazi kugera aho akwiye kujya atangije imitungo;

·        Gusana ibiraro bishaje cyangwa ibyangiritse;

·       Gutema ibiti bishaje bishobora kugwira inzu cyangwa bigafunga umuhanda kubera umuyaga ari nako biteza impanuka;

·      Guca no gusibura imirwanyasuri ku misozi kugira ngo ifate amazi amanuka ku misozi no guteraho ibyatsi nk’urubingo;

·         Kwirinda kubaka ahantu hose hatagenwe n’ubuyobozi kuko hashobora kwibasirwa n’ibiza;

·    Gukurikirana ko inyubako zihuriramo abantu benshi zifite imirindankuba ndetse no kwibutsa abaturageamabwiriza yo kwirinda inkuba.

Ku bindi bisobanuro, gutanga amakuru ajyanye n’ibiza, ahashobora kwibasirwa nabyo kugira ngo bikumirwe abantu barasabwa kwegera inzego z’ibanze zibegereye, guhamagara numero ya telefoni ya MINEMA itishyurwa 170 cyangwa kwandika kuri e-mail: [email protected].

“Ingaruka ziterwa n’ibiza zidindiza iterambere, kubaka ubudahangarwa ku biza no kubyirinda ni inshingano yanjye nawe”

Topics


Rwanda Hosts Regional Workshop to Strengthen Flood Early Warning and Anticipatory Action in the Nile Basin

Rwanda is hosting a four-day regional technical workshop (27–30 April 2026) focused on strengthening multi-hazard risk assessment, advancing…

Read more →

Over 400 Rwandan Returnees Received from DRC, Assured of Reintegration Support

A total of 403 Rwandan returnees arrived on Thursday, April 16, from the Democratic Republic of Congo (DRC) through the La Corniche One Stop Border…

Read more →

Rwanda, Japan and IOM launch new initiative to scale climate resilience and climate mobility solutions

Rwanda has launched a new initiative to strengthen climate resilience, disaster risk reduction and sustainable resource management, in partnership…

Read more →

Rwanda Reaffirms Commitment to Refugee Inclusion and Durable Solutions During GRF Progress Review Meeting

Rwanda today convened the Country-Level Global Refugee Forum (GRF) Progress Review Meeting, organised in partnership with UNHCR Rwanda, bringing…

Read more →

New road improves access to Kiziba Refugee Camp and host communities in Western Rwanda

Residents of Karongi District, particularly refugees living in Kiziba Refugee Camp and surrounding communities, have welcomed the construction of the…

Read more →

Over Frw 16 billion invested in construction of new Ngarama Hospital for refugee and host community

The Government of Rwanda is upgrading Ngarama Hospital to replace the old infrastructure, with the project expected to cost over Frw 16 billion,…

Read more →

Rwanda Strengthens Workplace Disaster Preparedness Through OHS Training

Permanent Secretary NGOGA Aristarque opened and participated in the first session of a training on disaster risk management and fire drills for…

Read more →

Rwanda Showcases Leadership and Innovation at the 2025 Global Refugee Forum

From 15 to 17 December 2025, Rwanda reaffirmed its leadership in progressive and sustainable refugee response at the Global Refugee Forum (GRF)…

Read more →

Rwanda Trains First Responders to Strengthen National Preparedness for Radiological Emergencies

The Ministry in Charge of Emergency Management (MINEMA), in collaboration with the International Atomic Energy Agency (IAEA), has launched a five-day…

Read more →
-->