Ubutumwa bugenewe Abaturarwanda mu gihe cy’Imvura y’Umuhindo mu rwego rwo kwirinda Ibiza.

Ubutumwa bugenewe Abaturarwanda mu gihe cy’Imvura y’Umuhindo mu rwego rwo kwirinda Ibiza.

Nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere mu Rwanda, igihe cy’Umuhindo (Nzeri-Ukuboza) hari ibice bitandukanye by’igihugu bizagira imvura nyinshi ishobora guteza umwuzure, inkangu n’izindi ngaruka.

Ni muri urwo rwego, MINEMA ishishikariza abaturarwanda bose gufata by’umwihariko ingamba zikurikira kugira ngo turusheho gukumira no kugabanya ingaruka ziterwa n’ibiza.

a)    Ingamba zisabwa abaturage:

·        Kuzirika ibisenge by’inzu bigakomera ku nkuta hakoreshejwe impurumpuru n’imikwege;

·       Gufata amazi y’imvura ava ku nzu hagashyirwaho imireko, ibigega n’ubundi buryo kugira ngo ayo mazi y’imvura akoreshwe ibindi aho gusenya izo nzu n’ibindi bikorwa bizegereye;

·        Gusibura imiferege ndetse aho itari igacibwa, amazi yose akayoborwa mu nzira zayo zabugenewe;

·      Kurinda inzu gucengerwamo n’amazi (kuzihoma, gushyiraho fondasiyo, kurinda ko amazi yinjira mu nkuta…...);

·     Kwirinda kujugunya imyanda ahabonetse hose no muri za ruhurura kubera ko itwarwa n’amazi igafunga imiyoboro yayo;

·         Gutunganya imikingo yegereye inzu hagabanywa ubuhaname bwayo;

·         Gusibura imigezi yuzuyemo imicanga, ibitaka n’indi myanda;

·      Gusibura imirwanyasuri ku misozi kugira ngo ifate amazi amanuka ku misozi no guteraho ibyatsi nk’urubingo;

·        Kwimuka mu manegeka, mu nzu zishaje n’izindi zishyira ubuzima bw’abahatuye mu kaga kuko ziba zishobora kugwa igihe cyose haguye imvura nyinshi;

·         Kwimuka mu bishanga no mu nkengero z’imigezi n’ibiyaga bishobora kwibasirwa n’imyuzure;

·         Gufata ubwishingizi bw’ubuhinzi

·      Gukurikiza amabwiriza yo kwirinda inkuba arimo kugama mu nzu aho kuba munsi y’ibiti, kwirinda kujya mu mazi igihe imvura igwa, kwirinda gutwara ibyuma no kubikoraho ndetse no kwirinda kugenda ku binyabiziga nk’amagare n’amapikipiki mu gihe cy’imvura irimo imirabyo n’inkuba, kwirinda gukoresha ibintu byose bikoresha umuriro w’amashanyarazi mu gihe cy’imvura irimo inkuba.

b)   Ingamba zisabwa Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze:

·      Buri Karere gakurikije ibiza bikunze kukabamo karasabwa gushyiraho uburyo bwo kazabyitwaramo hakiri kare ( preparedness plan);

·        Kwimura by’igihe gito (temporary evacuation) ingo zituye nabi kugira ngo ubuzima burokorwe kimwe no gukomeza kwimura abatuye mu manegeka;

·        Gukangurira abaturage kubungabunga no gusana inzu zabo;

·      Gusibura imiyoboro y’amazi mu nkengero z’imihanda no munsi y’ibiraro ndetse aho itari igacibwa, amazi yose akayoborwa mu nzira z’amazi zabugenewe;

·      Gukangurira abubaka ibikorwaremezo by’imihanda ko bakwiye kwita ku buryo bwo kuyobora amazi kugera aho akwiye kujya atangije imitungo;

·        Gusana ibiraro bishaje cyangwa ibyangiritse;

·       Gutema ibiti bishaje bishobora kugwira inzu cyangwa bigafunga umuhanda kubera umuyaga ari nako biteza impanuka;

·      Guca no gusibura imirwanyasuri ku misozi kugira ngo ifate amazi amanuka ku misozi no guteraho ibyatsi nk’urubingo;

·         Kwirinda kubaka ahantu hose hatagenwe n’ubuyobozi kuko hashobora kwibasirwa n’ibiza;

·    Gukurikirana ko inyubako zihuriramo abantu benshi zifite imirindankuba ndetse no kwibutsa abaturageamabwiriza yo kwirinda inkuba.

Ku bindi bisobanuro, gutanga amakuru ajyanye n’ibiza, ahashobora kwibasirwa nabyo kugira ngo bikumirwe abantu barasabwa kwegera inzego z’ibanze zibegereye, guhamagara numero ya telefoni ya MINEMA itishyurwa 170 cyangwa kwandika kuri e-mail: info@minema.gov.rw.

“Ingaruka ziterwa n’ibiza zidindiza iterambere, kubaka ubudahangarwa ku biza no kubyirinda ni inshingano yanjye nawe”

Topics


Rwanda Strengthens Workplace Disaster Preparedness Through OHS Training

Permanent Secretary NGOGA Aristarque opened and participated in the first session of a training on disaster risk management and fire drills for…

Read more →

Rwanda Showcases Leadership and Innovation at the 2025 Global Refugee Forum

From 15 to 17 December 2025, Rwanda reaffirmed its leadership in progressive and sustainable refugee response at the Global Refugee Forum (GRF)…

Read more →

Rwanda Trains First Responders to Strengthen National Preparedness for Radiological Emergencies

The Ministry in Charge of Emergency Management (MINEMA), in collaboration with the International Atomic Energy Agency (IAEA), has launched a five-day…

Read more →

Joint Umuganda in Nyaruguru Strengthens Disaster Preparedness and Supports Vulnerable Families

The MINEMA, in partnership with Plan International Rwanda, joined residents of Munini Sector in Nyaruguru District on Saturday, 29 November 2025, for…

Read more →

Rwanda, Denmark and World Bank Team Up to Strengthen Refugee and Host Community Health Services

On 5 November 2025, the Government of Rwanda, through the Ministry in Charge of Emergency Management (MINEMA), together with the Government of Denmark…

Read more →

Rutsiro residents took part in Umuganda to boost community resilience and reduce disaster risks.

As part of the activities organized to mark the International Day for Disaster Risk Reduction (IDDRR), the Ministry in charge of Emergency Management…

Read more →

Rwanda Calls to “Fund Resilience, Not Disasters” at National DRR Stakeholders’ Dialogue

The Ministry in charge of Emergency Management (MINEMA) convened the National Disaster Risk Management Stakeholders’ Dialogue and Workshop as part of…

Read more →

NEWLY CONSTRUCTED GITI TSS TO STRENGTHEN TECHNICAL EDUCATION AND EMPLOYABILITY

Jya Mbere Project, implemented under the Ministry in Charge of Emergency Management (MINEMA) in partnership with the World Bank, continues to make…

Read more →

Rwanda Validates Disaster Risk Financing Strategy to Strengthen Climate Resilience

Rwanda has taken a major step toward enhancing its financial preparedness against climate-related disasters with the validation of the Disaster Risk…

Read more →
-->